Umutangabuhamya yakuyeho urujijo kuri « ordre de mission” yateje umwiryane

Ku munsi wa munani w’urubanza rwa Muhayimana Claude rubera I Paris mu Bufaransa, hagaragajwe umwimerere (itari kopi) ya ‘Ordre de mission’ yatanzwe na Muhayimana nk’ikimenyetso cy’uko ibyaha akurikiranyweho byabaye adahari. Umutangabuhamya bamwe batiyumvishaga uko yageze mu rukiko, yakuyeho urujijo kuri iyo nyandiko. Umuvugabutumwa w’imyaka 60, yari umubitsi (comptable) wa Guest House ya Kibuye, aho Muhayimana…

Read more

Kwivuguruza ku buhamya ntibyabangamira ubucamanza

Kuva taliki ya 22 Ugushyingo mu gihugu cy’u Bufaransa mu rukiko Rwanda rubanda I Paris hakomeje kuburanishishwa urubanza rwa Claude Muhayimana ukurikiranweho kugira uruhare muri jenoside yakorewe abatutsi muri 1994. Aho icyaha akurukiranweho ari ubufatanyacyaha bw’uko yatwaraga abarimo interahamwe n’abasirikari mu kwica abatutsi aho bari bahungiye. Ku itariki 02 Ukuboza 2021 hari bamwe mu barokotse…

Read more

Daihatsu y’ubururu: Ikimenyetso kigarukwaho mu rubanza rwa Muhayimana

Kuva tariki 22 Ugushyingo 2021, mu rukiko rwa rubanda (cours d’assises) rw’ I Paris hari kubera urubanza rwa Claude Muhayimana ucyekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994. Imodoka ya Daihatsu yakunze kugarukwaho n’abatanga ubuhamya muri urwo rubanza Ku munsi wa kabiri w’urubanza rwe ubwo yabazwaga ku mugambi wo gutegura jenoside, Claude Muhayimana…

Read more

Claude Muhayimana yahakanye kugira uruhare muri jenoside nyamara yemera ko yabaye

Kuri uyu wa kabiri tariki 23 Ugushyingo 2021, mu gihugu cy’Ubufaransa hakomeje urubanza ubushinjacyaha bukurikiranyemo Muhayimana Claude uruhare yagize muri Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994. Claude Muhayimana aziko jenoside yabaye nubwo ahakana uruhare yayigizemo muri 1994. Ibi yabivugiye mu rubanza ruri kubera mu rukiko rwa rubanda (cours d’assise) rw’ I Paris.Muhayimana Claude akomoka mu…

Read more

Hakenewe ubufatanye mu gukurikirana abakekwaho jenoside bari hanze

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga mu Rwanda, avuga ko inama mpuzamahanga kuri jenoside iri kubera mu Rwanda ishobora kugira icyo ihindura ku bihugu bidashaka kohereza mu Rwanda abakekwaho kugira uruhare muri jenoside yakorewe abatutsi n’ibikibigendamo gahoro. Yabitangarije i Kigali, ahateraniye inama mpuzamahanga y’iminsi ibiri ihuje abantu batandukanye baturutse hirya no ku Isi bafite aho bahuriye n’ubutabera, “Inama…

Read more

Inkiko za rubanda ziburanisha abakekwaho jenoside zikora zite (Cours d’Assises)

Guhera taliki ya 22 Ugushyingo kugeza ku ya 17 Ukuboza 2021, mu rukiko Rwanda rubanda mu Bufaransa hazatangira kuburanishirizwa urubanza rwa Jean Claude Muhayimana, ukurikiranweho kugira uruhare muri jenoside yakorewe abatutsi muri 1994. Benshi bibaza ku mikorere y’izi nkiko ziba zirimo abacamanza b’umwuga n’inyangamugayo zigira uruhare mu rubanza. Aba bahuriza kuki? Bagira uruhe ruhare mu…

Read more

U Bufaransa bwatangiye iperereza ku wabaye umudepite ukekwaho uruhare muri Jenoside

Inzego z’ubutabera mu Bufaransa zatangiye iperereza kuri Pierre Kayondo wabaye umudepite mu Rwanda, ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n’ibyaha byibasiye inyokomuntu.Uwo mugabo bikekwa ko aba mu gace ka Le Havre mu Bufaransa. Akurikiranwe nyuma y’ikirego cyatanzwe n’Impuzamiryango iharanira ko abakoze Jenoside bose bagezwa imbere y’ubutabera (CPCR) ku wa 22 Nzeri, nk’uko ikinyamakuru…

Read more