Kubaka aho gukarabira habasumba, bibangamira abafite ubumuga bw’ubugufi bukabije

Abafite ubumuga bw’ubugufi bukabije ntibabasha kugera ahagenewe gukarabira intoki n’amazi meza n’isabune kuko habasumba,ibibabera imbogamizi zo kubahiriza amabwiriza yo kwirinda covid-19. Abagenzi batega imodoka mu buryo bwa rusange, na bo bari mu bagomba kubahiriza amabwiriza yo gukumira icyorezo cya covid-19, arimo gukaraba intoki n’amazi meza n’isabune, bikorerwa ahabugenewe hubatswe mu bice bitandukanye by’igihugu hasanzwe hahurira…

Read more

COVID19: Uwari mucoma yahindutse umuyede

Covid 19 yateye bamwe kubura akazi, bicara mu ngo aho babayeho nabi. Abandi nyamara bahisemo guhindura imirimo bajya mu ivunanye ariko ituma badasabiriza. Bamwe n’umubiri urahazaharira ariko bakishimira ko barya ibyo bavunikiye. Ku masaha ya saa ine aho bari kubaka inzu y’amagorofa abiri, uwahoze ari mucoma mbere ya COVID 19; ubu ari guhereza abafundi we…

Read more

Muhanga: Abamotari n’abagenzi baritana bamwana mu kutubahiriza amabwiriza yo kurwanya Covid 19

Bamwe mu bakora umurimo wo gutwara abagenzi kuri moto, mu karere ka Muhanga baravuga ko bishimiye ingamba zabashyiriweho mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Covid 19. Gusa riko ngo haracyari inzira ndende ngo byubahirizwe neza, ibintu bo bavuga ko biterwa n’impamyi yo gushaka ifaranga ku bamotari ndetse n’abagenzi bigira ba ntibindeba. Muri ibi bihe u…

Read more

Kigali: Hari abatinya police kurusha kwirinda icyorezo cya Covid-19

Izi mbogamizi abaturage bafite ngo ni uko hari abo usanga bibutse nko kwambara neza agapfukamunwa ari uko babonye abashinzwe umutekano bamara kurenga ugasanga bakamanuye, ndetse hari n’amabwiriza batubahiriza iyo bari bonyine, ibi bikaba byagira uruhare runini mu gukwirakwiza icyorezo cya Covid19. Habumuremyi David w’imyaka 29 ukorera ubucuruzi mu mujyi wa Kigali avuga ko bibabaje cyane…

Read more

Covid-19: Bananiwe gutegereza igihe amadini azafungurira bahitamo kwishyingira

Covid-19: Bananiwe gutegereza igihe amadini azafungurira bahitamo kwishyingiraBamwe mu basore n’inkumi bo mu madini n’amatorero atandukanye bari bafite umushinga w’ubukwe bagakomwa mu nkokora n’icyorezo cya Covid-1, bahisemo kwishyingira kuko batari bazi igihe aho basengera bazongera gukorera. Imyiteguro yo gusezerana imbere y’amategeko ndetse no gusezerana imbere y’Imana kuri bamwe mu basore n’inkumi yari igeze kure ubwo…

Read more

Abikorera bagizweho ingaruka na Covid 19 bagiye kugobokwa

Leta y’u Rwanda yatangije ikigega kizafasha inzego zitandukanye z’abikorera zagezweho n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19 kongera kubyutsa ibikorwa byabo. Gusa aba bagomba kugaragaza nyine uko byabagizeho ingaruka kandi bagabanije mu byiciro bitandukanye Ni ikigega cyatangijwe tariki 08 Kamena 2020, nk’uko Kigali Today ibitangaza, kikaba ari igisubizo ku bikorera bakunze kugaragaza ko icyo cyorezo cyabadindije mu mikorere,…

Read more