Paris : Umugore wa Muhayimana yatanze ubuhamya mu rukiko.

Musengeyezu Mediatrice niwe mugore washakanye na Muhayimana Claude , bashakanye mu 1991, kuri uyu wakabiri tariki ya 7 Ukuboza 2021 yatanze ubuhamya mu rubanza rurimo kubera i Paris mu Bufaransa, kubyo azi ku mugabo we kuri ubu urimo kuburanishwa ku byaha akekwaho. Uyu mugore yavuze ko yamenyanye na Muhayimana Claude mu 1987, maze baza kubana…

Read more

Paris: Urubanza rwibanze kuri Mwafrika ugarukwaho mu iburanisha

Ku munsi wa 13 w’urubanza rwa Claude Muhayimana ruri kubera I Paris mu Bufaransa, humviswe umutangabuhamya ufungiye muri Gereza ya Rubavu. Uyu yagarutse ku izina Mwafurika waguye mu gitero ubwo abatutsi birwanagaho bakoresheje amabuye inkoni n’amacumu rigarukwaho kenshi n’abatangabuhamya batandukanye muri uru rubanza. Uubanza ruburanishwamo umunyarwanda Muhayimana Claude ukekwaho ibyaha bya jenoside yakorewe abatutsi rurakomeje…

Read more

Kwivuguruza ku buhamya ntibyabangamira ubucamanza

Kuva taliki ya 22 Ugushyingo mu gihugu cy’u Bufaransa mu rukiko Rwanda rubanda I Paris hakomeje kuburanishishwa urubanza rwa Claude Muhayimana ukurikiranweho kugira uruhare muri jenoside yakorewe abatutsi muri 1994. Aho icyaha akurukiranweho ari ubufatanyacyaha bw’uko yatwaraga abarimo interahamwe n’abasirikari mu kwica abatutsi aho bari bahungiye. Ku itariki 02 Ukuboza 2021 hari bamwe mu barokotse…

Read more

Daihatsu y’ubururu: Ikimenyetso kigarukwaho mu rubanza rwa Muhayimana

Kuva tariki 22 Ugushyingo 2021, mu rukiko rwa rubanda (cours d’assises) rw’ I Paris hari kubera urubanza rwa Claude Muhayimana ucyekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994. Imodoka ya Daihatsu yakunze kugarukwaho n’abatanga ubuhamya muri urwo rubanza Ku munsi wa kabiri w’urubanza rwe ubwo yabazwaga ku mugambi wo gutegura jenoside, Claude Muhayimana…

Read more

Hakenewe ubufatanye mu gukurikirana abakekwaho jenoside bari hanze

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga mu Rwanda, avuga ko inama mpuzamahanga kuri jenoside iri kubera mu Rwanda ishobora kugira icyo ihindura ku bihugu bidashaka kohereza mu Rwanda abakekwaho kugira uruhare muri jenoside yakorewe abatutsi n’ibikibigendamo gahoro. Yabitangarije i Kigali, ahateraniye inama mpuzamahanga y’iminsi ibiri ihuje abantu batandukanye baturutse hirya no ku Isi bafite aho bahuriye n’ubutabera, “Inama…

Read more

Inkiko za rubanda ziburanisha abakekwaho jenoside zikora zite (Cours d’Assises)

Guhera taliki ya 22 Ugushyingo kugeza ku ya 17 Ukuboza 2021, mu rukiko Rwanda rubanda mu Bufaransa hazatangira kuburanishirizwa urubanza rwa Jean Claude Muhayimana, ukurikiranweho kugira uruhare muri jenoside yakorewe abatutsi muri 1994. Benshi bibaza ku mikorere y’izi nkiko ziba zirimo abacamanza b’umwuga n’inyangamugayo zigira uruhare mu rubanza. Aba bahuriza kuki? Bagira uruhe ruhare mu…

Read more

Umucamanza Theodore Meron yeguye

Urwego rwasimbuye Urukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda (IRMCT) rwatangaje ko Umucamanza Theodor Meron yamenyesheje Umunyamabanga Mukuru wa Loni, ubushake bwo kwegura ku buryo ku wa 17 Ugushyingo 2021 atazaba akibarizwa muri uru rwego. Meron yari amaze imyaka igera kuri 20 mu rwego rw’ubutabera mpuzamahanga uhereye igihe yabereye umucamanza y’Urukiko Mpuzamahanga rwari rwarashyiriweho iyahoze ari Yougoslavie…

Read more